• Labels

    Thursday, April 26, 2018

    Umusirikare w’Umunyamerika wacitse igitsina, yateweho ikindi gikora neza byose.



    Itsinda ry’abaganga 11 bo muri Amerika ryaciye agahigo ko gutera igitsina, udusabo tw’intanga n’ibindi bice by’umubiri wacyo bishya ku musirikare wakomerekejwe n’igisasu muri Afghanistan, agacika ubugabo.
    Aba baganga bo ku Bitaro bya Kaminuza ya Johns Hopkins mu Mujyi wa Baltimore muri Leta ya Maryland, basubije uwo musirikare ubugabo bifashishije ibice bakuye ku muntu wapfuye.
    BBC dukesha iyi nkuru yatangaje ko uyu musirikare ibice bishya yateweho bikora neza kandi ashobora no kuzagira ubushobozi bwo gukora imibonano mpuzabitsina akoresheje igitsina yateweho. Aba baganga bavuze ko ngo bimwe mu bice bishobora kuzatwara igihe cy’amezi ari hagati y’atandatu na 12 kugira ngo bikore neza.
    Icyo gikorwa cyo kumukuraho ibice byangiritse no kumutereraho ibindi abo baganga bagikoze mu masaha 14 gusa, ku wa 26 Werurwe 2018, bikaba ari ubwa mbere bikorewe ku muntu wakomerekejwe n’igisasu.
    Ibitaro byakurikiranye uwo musirikare byatangaje ko amaze kubagwa, yavuze ngo “Ubwo nari mpagurutse bwa mbere, numvise meze neza cyane nk’aho nta kibazo nsigaranye.”
    Ibikomere uyu musirikare ukomoka muri Amerika yagize yabikuye ku gisasu cyamuturikanye agikandagiye muri Afghanistan.
    Umuyobozi w’Ishami ry’Ubuvuzi bw’Indwara z’Imyanya Ndangagitsina ku Bitaro bya Kaminuza ya Johns Hopkins, Dr Rick Redett, yavuze ko umurwayi ari koroherwa mu buryo butanga icyizere.
    Yagize ati “Ni ibintu twizeye neza ko nyuma yo kumuteraho ibindi bice by’umubiri bizamufasha kongera gusubirana uburyo bwo kunyara n’ibindi bikorwa n’igitsina (gufata umurego no gutera akabariro) akongera akagira ubuzima buzira umuze. Ni intego yacu ko ibi bikorwa tuzakomeza kubikorera n’abandi barwayi mu gihe kiri imbere.”
    Iryo tsinda rivuga ko hari gahunda yo gufasha abandi barwayi barenga 60 gusubirana bimwe mu bice by’umubiri, bisimbuzwa ibyo bafite bitagikora.
    Uretse iki gikorwa kidasanzwe cyo gutera kuri uyu musirikare ibice by’imyanya ndangagitsina, umuntu wa mbere wateweho igitsina gusa ni uwo muri Amerika mu 2016, abifashijwemo n’abaganga bo ku Bitaro bya Massachusetts mu Mujyi wa Boston. Ku nshuro ya mbere byakozwe n’abaganga bo muri Afurika y’Epfo mu 2014.


    No comments:

    Post a Comment