• Labels

    Thursday, January 18, 2018

    Ibimenyetso bya diyabeti tutakekaga cyangwa ngo twiteho mu buzima bwacu.


    Umuntu ashobora kuba afite isukari iri ku rugero rwo hasi cyangwa hejuru ariko ntibyamutungura asanze arwaye diyabete kuko ngo ibiribwa byose turya  harimo ibiba bishobora gutuma tugira ibyago byo kurwara  diyabete.  Hano twabakusanyirije ibimenyetso 15 umuntu ashobora kuba atitaho ariko kandi ashobora akaba yararwaye diyabete atabizi. Ibi bimenyetso twabakusanyirije bimwe muri byo si  iby’ibyibanze bya diyabeti ariko ni bimwe mu biyiranga ku buryo uwibonyeho kimwe adasanganwe agirwa inama yo kugana abaganga.
    15. Inyota idasanzwe
    Iyo umuntu yiyumvamo inyota idasanzwe bishobora kuba ari ikimenyetso ntasubirwho byo kuba yaranduye diyabete. Umuntu wese   agirwa inama ko n’iyo yaba ari muzima akiyumvamo gushaka amazi bidasnzwe aba agomba kugana muganga.

     14. Gushaka kwihagarika bidasanzwe
    Iyo umuntu ashaka  kunywa  amazi cyane, ntibinyurana no gushaka kujya ku bwiherero  bya hato na hato kwihagarika. Umuntu rero agirwa inama yo kujya abara inshuro ajya ku bwiherero akareba ko zitiyongera mu gihe habayeho kwiyongera bidasanzwe kandi bifite impamvu udasobanukiwe  umuntu asabwa kwiyambaza abaganga bakamuha ubujyanama.
    13. Umunaniro
    Abantu bose biyumvamo umunaniro bose siko baba bafite ibimenyetso  bya diyabeti   kuko n’abantu b’abanebwe kandi bazima babaho.  Ariko nanone bishobora kuba ikimenyetso  cy’umuvuduko muke cyangwa ukabije w’amaraso . Iyo umusemburosukari witwa glucose ubaye muke, bituma uturemangingo tutabona ibidutunga bihagije,  bityo umuntu akiyumvamo umunaniro udasanzwe.
    12. Udusebe mu myanya ndangagitsina
    Umuntu ufite isukari nyinshi mu mubiri agira ibyago byo kuba yarwara udusebe  twizanye mu myanya ndangagitsina. Umuntu akabA agirwa inama  yo guhita atwivuza kuko dushobora kumuviramo kujya yandura izindi ndwara byoroshye,   kandi twaba twaranabaye tunini tukagorana gukira.
    11. Ibibazo mu maso  
    Umuntu nanone iyo amaso ye , yagize ibibazo mu kureba , bishobora kuba bifitanye isano no kwiyongera cyangwa kugabanuka kw’isukari mu mubiri. Abantu rero aho kwihutira kugura indorerwamo gusa, ibyiza banagirwa inama ko izo ndorerwamo zigomba guherekezwa no kwisuzumusiha diyabete.
    10. Gutinda gukira  ibisebe
     N’ubwo dukangurirwa guhora twitwararika ku bikoreshio bikomeretsa nk’ibyuma n’inzembe, iyo umuntu yarwaye ibisebe akabona birakira bigoranye kandi yarabivuje, bishobora kuba kimwe mu bimenyetso bya diyabete. Umuntu agirwa inama yo kwivuza ibyo bisebe arikoanakoresha isuzuma ku mubiri we ngo barebe ko nta bwandu bwa diyabeti abana nabwo.
    9. Kugira apeti ikabije
    Iyo umuntu arya cyane kandi akumva  kandi akumva akibikeneye ni kimwe mu bimenyetso  by’umuntu ushobora kuba arwaye diyabeti. Ariko wenda atarabimenya. Umuntu rero agirwa inama yo kwita kuri buri kimenyestso kidasanzwe yibonaho , yakwiyumvamo gushaka ibiryo bidasanzwe akaba yanakeka ko
    8. Gutakaza ibiro
    Kimwe no kongera ibiro bidasanzwe,  gutakaza ibiro nacyo ni ikimenyetso cy’uko umuntu ashobora kuba arrwaye diabete.  Umubiri utangira gukora cyane ukura proteins ( soma potoreyine ) mu mikaya, biakaviramo umubiri kunnuka. Impyiko kandi zikora cyane zigira ngo zigabanye imyunyu, bityo umubiri bikawuviramo kunanuka. Abantu  ntibakibeshye ko gutakaza ibiro kose ari ubuzima bwiza, bagomba no kubaza abaganga igihe byababayeho.
    7. Ibibazo ku ruhu
    Umuntu iyo agira uduheri akenshi twenda gusa n’umukara, umubiri we uba urimo gukora ubwirinzi bwo gushaka ukuntu warwanya  ubwandu bushya bwawinjiyemo. Ibimenyetso umuntu ashobora kugira rero harimo kugira uduheri tw’umukara n’uruhu rugahinduka  bidasanzwe.
    6. Kugagara ibice bimwe ku mubiri.
    Hari ho bigera umuntu akajy ayumva wenda  asa n’uwarwaye ikinya. Rimwe na rimwe ntiyumve neza ubukonje cyangwa ubushyuhe mese bigasa nk’aho hari igice cy’umubiri kidakora. Aha ngaha rero  uturemangingo ( cellules ) tuba tarapfuye ku buryo ububabare buba butagera ku bwonko . iki nacyo ni ikimenyesto umuntu ashobora kgira mu gihe yaba yrrwaye diyabeti.
    5. Kutumva neza.
    Kubera ko uturemangingo dutandujanye tuab twangiritse, umuntu  utunguwe n’ikibazo cyo  kutumv neza    gishobora kuba  kimwe  mu bimenyetso by’umuntu urwaye diyabeti kuko imitsi ijyana amakuru  ku bwonko yangirika.
    4. Kugira amaraso menshi mu mashinya
    Iyo  umuntu abona amaraso menshi ku  bidasanzwe buroso bwoza amenyo , aba asabwa kwitonda .  agirwa inama yo kwureba mu ndorerwamo ko nta hantu ku ishinya ye  haba hari utubyimba dusa n’umutuku ariko kandi akajya kwa muganga gukoresha ibizamini ku kibazo yaba afite.
    3. Kubabara ku mubiri byizanye
    Umuntu akunda kumva ababara ku nyama runaka cyangwa ikindi gice cy’umubiri, ariko kandi atakoze cyane ngo ananirwe cyangwa hari iyindi mpamvu ifatika yabiteye.
    2. Kubira icyuya bidasanzwe
    Umuntu agira icyuya cyinshi cyangwa na rimwe na rimwe kikabura. Kibacyinshi cyane cyane iyo aryamye cyangwa arimo kurya. Ibi kandi ntibyatangaza aramutse ariko umubiri w’umuntu witereye. Igikenewe umuntu yibonye byamubayeho bidasanzwe aba agomba kubaza muganga kuko bishonbora kuba ri ikimenyetso cya diyabeti
    1. Kumagara umunwa.
    Umuntu iyo afite uburwayi bwa diyabeti uretse kugira biriya bimenyetso byose byavuzwe, anumagara umunwa no mu kanwa . iyo isukari yabaye nyinshi , bituma mu kanwa humagara rimwe na rimwe umuntu akaba yanabura amacandwe burudu.

    No comments:

    Post a Comment