• Labels

    Friday, April 6, 2018

    James Musoni yakuwe ku mirimo Nyuma yo gushyirwa mu majwi n'umuturage avuga ko yamujyaniye umugore


    Nyuma  yo gushyirwa mu majwi n’umuturage  witwa Rtd. Captain Safari Patrick  amushinja ko yamuvogereye urugo akanamutwarira umugore, akamutera inda bikanamuviramo gukena,  James Musoni  wari minisitiri w’ibikorwa remezo mu Rwanda yakuwe ku mirimo asimburwa na Gatete Claver.
    Uyu muturage yahamyaga ko yamuvogereye gihe yari yragiye gkomeza masomo ye, muri Uganda.

    Abandi basizwe mu mirimo  bwana Dr Ngagijimana Uzziel yabaye minisitiri w’imari n’igenamigmbi
    Gatete claver aba minisitiri w’ibikorwa remezo asimbura James Musoni.

    Abanyamabanga ba leta madame Dr Uwera Claudine yabaye umunyamabanga wa leta muri minisiteri y’imari n’igenamigambi ushinzwe igenamigambi.

    Bwana Rugigana Evariste umuyobozi mukuru mu biro bya Minisitiri w’intebe
    Madame Mirembi Alphonsine  umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri yo muri Perezidansi ya Repubulika
    N’abandi banyuranye tukaba turabagezaho itangazo ryose mu nkuru itaha.
    Abantu benshi nyuma yo kumva inkuru zari zasakaye mu itangazamakuru zivuga ku myifatire idasanzwe yavugwaga kuri James Musoni , bari bategerezanije amatsiko ikizakurikiraho. James Musoni yari amaze imyaka irenga 20 akora imirimo ikomeye mu Rwanda akaba yari minisitiri w’ibikorwa remezo kuva 24 Nyakanga 2014.

    No comments:

    Post a Comment