• Labels

    Tuesday, February 20, 2018

    Akamaro utari uzi k’isombe ku buzima


    Isombe ni imboga ziboneka zisoromwe ku bibabi by’imyumbati, ariko bantu besnhi ntiakunda kuzitaho mu biribwa barya, kuko hari n’bazibra nk’ibiryo bigenewe abadafite amikoro. Ariko ubushakashatsi bugaragaza ko isombe ifite akamaro kanini cyane karenze ibyo abantu bakunda kurya mu buzima bwa buri munsi. Twabateguriye ibi byiza ngo abatanyitagaho bagerageze bfate kuri ibyo biribwa
    1.     Gutuma umubiri ukora neza
    Habonekamo vitamin B zinyuranye nka B9, B5, B1, B2 n’izindi, zose zikaba zizwiho gufasha mu mikorere y’umubiri aho zituma hakorwa imisemburo ituma umubiri ukora neza.
    2.     Isoko y’ingufu
    Za poroteyine ( proteins )  zinyuranye ziri mu isombe hamwe na za amino acids bifatanyiriza hamwe mu kongerera ingufu umubiri. Zibikora zihindura ibinyasukari birimo bigahinduka ingufu umubiri ukeneye.
    3.     Kuvura impiswi
    Mu kuvura impiswi ntabwo hakoreshwa isombe zitetse ku buryo busanzwe ahubwo bisaba kuzitegura nk’umuti.
    Icyo usabwa ni ugucanira nka litiro y’amazi. Noneho ugsekura  ibibabi 10 by’isombe byanoga neza ukabishyira  muri ya mazi yamaze kubira ukabibika ijoro  ryose (wabikuye ku muriro ariko).
    Mu gitondo umimina noneho ukanywaho akarahure ibisigaye ubibike. Bibikwa iminsi itarenze 3 ukajya unywa akarahure mu gitondo na nimugoroba.
    4.     Kurwanya umuriro
    Mu kuvura umuriro noneho ho ucanira garama 400 z’ibibabi muri litiro imwe y’amazi. Ubicanira udapfundikiye, ugacanira kugeza ubonye amazi asigaye ageze mu cya kabiri cy’ayo washyizemo.
    Nyuma uramimina, ubundi byamara guhora ukanywa akarahure gato inshuro 2 cyangwa 3 umuriro uba wagiye.
    5.     Kurwanya indwara zifata mu ngingo
    Indwara zifata mu ngingo twavuga nka rubagimpamnde, goute, n’izindi ndwara zinyuranye zitera kubyimbirwa no kubabara mu ngingo.

    6.     kuvura amaso atareba neza

    Nkuko twabibonye ibonekamom Vitamini A , iyi ikaba izwiho kuba ingenzi mu gutuma tubasha kureba neza cyane cyane mu gihe bwije. Uretse rero kurya isombe ushobora no kuyicanira ugakamura ukajya unywa amazi yayo buri munsi.
    Gusa hano ntitwabura kuvuga ko imyumbati yatewe mu butaka buBI  ishobora ahubwo gutera ibibazo byo kureba ibicyezicyezi, niyo mpamvu mu kurya imyumbati usabwa kuyiteka igashya neza ngo cyanogen ishiremo.

    7.     Kurwanya inzoka

    Ubushakashatsi bwakozwe bwagaragaje ko isombe ifasha umubiri gusohora utuyoka tuba tuwurimo. Kuyirya kenshi uretse kukurinda kuzirwara binatuma izari zikurimo zisohoka

    8.     Yongera appetit

    Isombe uretse kandi kuba ifunguro rikundwa na benshi, zinafasha mu kugarura appetit iyo wari wagize ikizibakanwa.
    Ushobora no gukamura amazi nyuma yo kuyiteka noneho ukayavangamo tangawizi ukajya ubinywa buri gitondo ukibyuka.

    9.     Ni nziza ku bagore batwite

    Abagore batwite bakenera cyane vitamin B9 na C. izi vitamin zikaba zikenerwa cyane mu gihe inda ikiri ntoya. Zikaba rero ziboneka no mu isombe.

    10.             Irwanya bwaki

    Bwaki ni imwe mu ndwara ziterwa n’imirire mibi. Mu isombe habamo poroteyine izwi nka lysine ikaba nziza mu guhangana n’iki kibazo.
    Rero mu gihe hai umuntu ugaragaweho no kugira ikibazo cy’imirire mibi, umuti wa mbere ni isombe rya buri munsi, gusa ukibuka kuriteka rigashya neza.
     Nkuko twabibonye ubwo twavugaga ku byiza byo kurya imyumbati, isombe nayo ibonekamo uburozi bwa hydrocyanic acid bukaba bushobora no kubyara urupfu. Niyo mpamvu usabwa kuyiteka igashya neza kandi mu kuyiteka ukirinda kuyipfundikira.
    Kuko yo ubwayo nta cyanga gihagije igira ni byiza kuyivangamo ibirungo binyuranye nk’ubunyobwa, inyama se, indagara cyangwa ibindi wabona byagufasha kumva iryoshye kurutaho.


    No comments:

    Post a Comment