• Labels

    Thursday, February 22, 2018

    Uburyo bworoshye bwo kwigarurira umutima w’umusore wihebeye ,benshi mu bakobwa batazi



    Hari ibintu bitatu byakugaragariza umukobwa wigaruriye umutima w’umukunzi we: umusore aba amukunda wese, aramwubaha cyane ,akanagerageza gukora uko ashoboye ngo amushimishe.
    Kwigarurira umutima w’umusore ukunda birashoboka cyane , ntibinagutangaze kumva ko umutima we uhora ufunguye utegereje uwawutsindira, ahubwo abakobwa benshi ntibazi uko babigenza.Ubushakashatsi bwo muri 2013 bwagaragaje ko 95%n bw’abasore baba bafite intego zo gushing ingo. Ubwo rero baba bakeneye abo bazashyingiranwa bakaban akaramata.
     Mukobwa , dore ub uryo wakwigarurira umutima w’umusore ukunda cyangwa se mukundana.
    1.Kumwubaha
    Aha niho benshi babyicira, ntibubaha abasore bakundana bihagije ariko bo bakifuza kubahwa. Mwereke icyubahiro mu mvugo n’uko umufata. Umusore yumva afite agaciro iyo yubashywe, kandi iyo umusore ugukunda abona umwubaha akenera ko umubano wanyu wagera kure.

    2. Tuma akwifuza
    Ba wawundi utuma umukunzi we amwifuza , amukumbura igihe batari kumwe kubera impamvu runaka, mbese ku buryo yumva yahorana nawe . Buri gihe muri kumwe abone ko ari iby’agaciro.

    3.Gerageza kumuhindura mwiza.
    Umusore mukundana azaguha agaciro karuseho numugira umuntu mwiza kuruta uko wamusanze.Azarushaho kukwisangaho, azabona umeze nka zahabu bityo nawe ubone uko wigarurira umutima we.Mbese gerageza kugira icyo umumarira.

    4.Uburanga n’umutima mwiza
    Uru rutonde ntirwaba rwuzuye iki kibuzemo.nubwo umusore akururwa mbere na mbere n’uko uburanga bwawe bw’inyuma , ariko ubwiza bw’umutima wawe nibwo butuma aguha agaciro cyangwa akakakwima
    5. Ibyishimo.
    Ibyishimo nabyo bigufasha gutsindira umutima w’umusore wihebeye. burya iyo umuntu yishimye arushaho kuba mwiza naho uhora akunje umunya , agaragara nk’aho ari mubi. Bityo rero niba uri kumwe n’uwo mukundana gerageza kwishima kandi niyo mwaba muatari kumwe jya urangwa n’ibyishimo.
    6.Menya ibimushimisha.
    Abasore bakunda guhisha ibyo bakunda mu bijyanye n’amarangamutima ariko nubimenya ukabizirikana, azarushaho kugufungurira umutima we  anarusheho kukwizera
    7. Kumushimira no kumwishimira.
    Shaka uburyo wamushimira ku byo akora kandi ugaragaze ko aguteye ishema.
    Iyo ibyo ubikoze,bigira akamaro gakomeye. Iyo umusore yumva ko yishimiwe kandi hari umukobwa utewe ishema no kwitwa uwe, ashaka gukora uko ashoboye kose  ngo akore ibimunyura.


    No comments:

    Post a Comment