• Labels

    Tuesday, February 6, 2018

    Producer Washington yashinjije ushinzwe umutekano iby'urupfu rwa Radio.


    Producer Washington David yashyize avuga ku rupfu rutunguranye rw’umuhanzi Moses Sekibogo alias Mowzey Radio.
    Nyuma y’uko abafana batangiye gusaba ko uyu muhanzi utunganya indirimbo atabwa muriyombi ,bakanashyiraho #ArrestWashington bavuga ko ari mu bateguye urupfu rwa Radio,Washington yavuze ku byabaye uriya mugoroba Radio yakubitiweho.
    Washington ni umwe mu batunganya indirimbo(producer) bazwi cyane muri Uganda.Yakoreye indirimbo nyinshi itsinda rya Goodlyfe harimo n’iyo bafatanyije na Wizkid:’don’t cry”
    Washington avuga ko Pamela, umugore wahamagaye Radio kuri De Bar  atagerageje kumukiza mu gihe uyu producer yamusabaga ko bava mu kabari kuko bwari bwije. Uyu mukobwa rero ngo yarabyanze.
    Pamela Musiimire usanzwe ukora akazi k’ushinzwe umutekano(security Officer) mu kiganiro n’umunyamakuru wa Chimpreport ubwo Radio yari akiri muri Koma, yavuze ko bari inshuti kandi ko bamaze igihe baziranye.Pamela yavuze ko Radio yajyaga aza kumureba kenshi ubwo yabaga yaje Entebbe kuko uyu mugore yamucungiraga inzu yubakaga aho ngaho.
    Washington yabwiye iki kinyamakuru ko ubwo we na Radio berekezaga Entebbe, Radio yagendaga amuganiriza ku nkuru zo muri Bibiliya ku buryo byamutangazaga. Radio yahamagawe na Pamela , amusaba ko yamusanga ku kabari ka De Bar aho yari ari n’incuti ze.
    Kuko Washington atari azi izo ncuti za Radio byatumye baticarana mu dutsiko tumwe muri ako kabari.

    Nyuma ariko butangiye kwira yagiye hanze ku modoka amarayo n’iminota 10. Yabonye Pamela asohotse amusaba ko yamubwirira Radio Bakagenda. Ngo umutima nama we wamubwiraga ko bari ahantu habi.Pamela ariko yashubije Washington ko n’ubundi benda kurangiza ariko ngo baratinze,aza gusubiramo imbere.
     Washington avuga ko Radio yaguze Wisky ariko nyir’akabari akamubwira nabi maze akayimumenaho. Ntibarwanye ahubwo hahise haza ushinzwe umutuzo mu kabari aterura Radio amukubita hasi.
    Washington yemeza ko uriya mugabo polisi yafashe ariwe wakubise Radio hasi ngo ntiyakwibagirwa isura ye.


    No comments:

    Post a Comment