• Labels

    Saturday, March 10, 2018

    Nyaruguru: Inkuba yakubise Abadiventisiti mu rusengero, 14 bahita bitaba Imana



    Inkuba yakubise abaturage 45 bo mu Karere ka Nyaruguru bari mu rusengero 14 bahita bitaba Imana ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandutu, abandi bajyanwa mu bitaro.
    Iyi nkuba yakubise hagati ya saa tanu na saa sita z’amanywa abasangeraga mu rusengero rw’Abadiventisititi b’Umunsi wa Karindwi ruherereye mu Murenge wa Nyabimata ahitwa ku Gihemvu.
    Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, Habitegeke Francois, yabwiye IGIHE  dukesha iyi nkuru, ati “Abo yakubise uyu munsi ni Abadiventisiti barimo basenga, bageraga kuri 45, ubu imibare dufite y’abamaze kwitaba Imana ni 14 ariko ishobora kwiyongera.”
    Umuyobozi w’Akarere yanatangaje ko hari abandi inkuba yakubise ku wa 9 Werurwe 2018.
    Ati “ Ejo nabwo hari umwana w’umukobwa yakubise wo mu Murenge wa wa Rusenge yitaba Imana, hari kandi n’abanyeshuri 18 yakubise hapfamo umwe wiga mu mwaka wa gatanadtu w’amashuri abanza, kugeza ubu bagenzi be batatu bari mu Bitaro bya Kigeme naho abandi 14 bavuwe barataha.”
    Yasobanuye ko abakirisitu bari mu Isabato bakubiswe n’inkuba bahise bajyanwa ku Bitaro bya Munini.
    Akarere ka Nyaruguru kiganjemo imisozi miremire, hagakunda no kuba inkuba, Meya wako yagiriye abaturage inama ko bakwitwararika mu gihe cy’imvura birinda kujya hanze kandi mu gihe hari imvura ivanze n’inkuba n’imirabyo; kwirinda gukorakora no kwegera ibikoresho byose bikozwe mu byuma hamwe no kwirinda gukoresha ibintu byose bikoresha amashanyarazi mu gihe umuntu atizeye neza ko inyubako birimo ifite umurindankuba.

    Src :  IGIHE

    No comments:

    Post a Comment