• Labels

    Wednesday, March 7, 2018

    Umuyobozi w’akarere ka Ruhango n’abavisi meya be beguye.



    Umuyobozi w’akarere ka Ruhango Mbabazi francois Xavier, Umuyobozi w’aka karere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Twagirimana Epimaque ndetse n’umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Anonciata Kambayire, begujwe n’Inama Njyanama y’akarere.

    kuri uyu wa Gatatu nibwo inama njynama y’akarere ka ruhango yakuyeho  icyizere aba bayobozi bose, nyuma yo kugaragaraho imikorere mibi, yiganjemo kutumvikana n’imicungire mibi y’umutungo.

    Bivugwa ko amafaranga agamije gushorw mu bikorwa remezo no mu mishanga y’iterambere ry’abaturage, yashorwaga ntakrikiranwe neza, cynagwa rimwe na rimwe hagashorwa arenze ayateganirijwe ibikorwa.

    Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Francis Kaboneka mu kiganiro yagiranye na Igihe, yari yaciye amarenga ku ihagarikwa ry’abayobozi bafite imikorere idahwitse, akarere ka Ruhango kakaba kaje mu twa mbere mu kwirukana abakozi bakoraga nabi, ariko bikaba byitezwe ko mu turere twose bizabaho; nyuma  y’umwiherero wa 15 w’abayobozi bakuru b’igihugu.

    No comments:

    Post a Comment