• Labels

    Monday, March 12, 2018

    Umuyobozi w’Itorero ry’Abadiventisite ku isi yihanganishije imiryango y’abakubiswe n’inkuba



    Umuyobozi w’Itorero ry’Abadiventisite b’Umunsi wa Karindwi ku Isi, Pasiteri Dr Ted Wilson, yihanganishije Itorero ry’Abadiventiste b’Umunsi wa Karindwi rya Nyarunazi mu Karere ka Nyaruguru nyuma y’aho abantu abakirisitu baryo 45 bakubiswe n’inkuba, 16 muri bo bakitaba Imana.
    Ku gicamunsi cyo ku wa Gatandatu tariki ya 9 Werurwe, abakirisitu 45 bari mu rusengero rw’Abadiventiste b’Umunsi wa Karindwi rwa Nyarunazi mu Murenge wa Nyabimata, bakubiswe n’inkuba 16 bahita bahasiga ubuzima abandi barakomereka.
    Umuyobozi w’Itorero ry’Abadiventiste b’Umunsi wa Karindwi ku Isi, Pasiteri Dr Ted Wilson, abinyujije ku rukuta rwe rwa facebook kuri iki Cyumweru tariki ya 11 Werurwe 2018, yihanganishije imiryango y’ababuze ababo.
    Yagize ati “Imitima yacu yifatanyije n’abakirisitu bo mu Rwanda bahuye n’ibi byago bikomeye, ni agahinda gakomeye gukubitirwa n’inkuba mu materaniro.”
    Yakomeje avuga ko mu izina ry’umuryango w’Abadiventisite b’Umunsi wa Karindwi ku isi, mu rukundo rwa gikirisitu bafashe mu mugongo abakiristu bo muri ‘union’ y’u Rwanda muri Diviziyo y’Afurika y’Uburasirazuba.
    Ati “Kandi by’umwihariko twifatanyije n’imiryango y’ababuze ababo n’abakomerekeye muri iki kiza giteye ihungabana.”
    Pasiteri Dr Ted yakomeje ati “Imana izabahe gukomera no kwihanganira ibi bihe by’umubabaro n’agahinda gakomeye. Turashishikariza abagize itorero guhanga amaso kuri Yesu no kugaruka kwe kudatinze ubwo azazura abapfiriye muri we bose, dufite ibyiringiro bikomeye by’ubuzima bw’ahazaza.”
    Ted Wilson akomeza asaba abakirisitu b’Itorero ry’Abadiventiste b’Umunsi wa Karindwi, gukomeza gusengera imiryango y’ababuze ababo no gukomeza kwita cyane kuri gahunda y’iri torero yo kujya mu murimo w’ibwirizabutumwa hatagize n’umwe usigara inyuma.
    Yakomeje agira ati “Ndabinginze mudufashe gusengera abakirisitu b’itorero ryacu kandi by’umwihariko musengere imiryango yagizweho ingaruka mu gihe bashakira gukomera muri Yesu. Turasaba Imana ngo buri mukirisitu w’itorero ryacu uri mu Rwanda abone kwihangana no kurindwa bitangwa na Mwuka Wera muri ibi bihe bikomeye.”
    Umuhango wo gushyingura abadiventisiti 16 bakubiswe n’inkuba, wabereye mu irimbi rya Mishungero riherereye mu Murenge wa Nyabimata kuri iki Cyumweru, ukaba waritabiriwe n’abayobozi mu nzego za Leta batandukanye.


    No comments:

    Post a Comment