• Labels

    Saturday, April 7, 2018

    Ibintu tudakeka bitera kurwara umutwe n'uko twabyirinda



    Abantu  benshi bakunda kurwara umutwe bya hato na hato nti bamenye icyo byaba byaturutseho, ariko nyamara hari uburwayi tugira bikaba byanoroha kubukosora iyo turamutse tuzi neza icyaba cyibitera .  Twaba teguriye iyi nkuru ngo umuntu asobanukirwe icyaba gitera indwara z’umutwe n’uko zakwirindwa ariko  ibyinshi ni ibintu tuba dushobora kwikosorera mu buzima bwa buri munsi.
    1.Kudakora siporoUbushakashatsi bwakozwe hagaragaye ko abantu badakora siporo aribo barwara umutwe cyane ugereranyine n’abayikora. Siporo ni ingenzi kugirango umuntu aruhuke asore hanze umunaniro wose yari yibitsemo kandi yohereze amaraso mu bwonko kugirango bukore neza. Aha rero iyo bavuze siporo si ngombwa ngo winanize ukora nyinshi udashoboye; iminota 20 ku munsi yo kwiruka,kunyonga igare, koga(notation) irahagije kugirango ubeho neza.
    2.Kudasinzira bihagije : Abaganga batugira inama yo kuryama byibuze amasaha atandatu buri joro kugira ngo umubiri wacu ukore neza. Iyo rero uryamye munsi y’amasaha atandatu ukabigira akamenyero birakwangiza cyane akaba ari nabyo bivamo kurwara umutwe.
    3.Umubyibuho ukabije: mu bushakashatsi bwakozwe hagaragaye ko abagore bafite umubyibuho ukabije bafite ibyago bingana na 80% byo kurwara umutwe mu gihe abadafite uwo mu byibuho nta kibazo cy’umutwe bagira. Kubyirinda rero ntakindi uretse kugabanya ibiriro ugeregeza guhitamo ibiryo bitakubyibushya ukagisha inama muganga ndetse ukanakora siporo ihagije.
    4.Gukora imibonano mpuzabitsina cyane: Mu gihe bamwe bazi ko gukora imibonano mpuzabitsina biruhura ntago ariko bimeze kuko ubushakashatsi bwagaragaje ko umuntu umwe kuri babiri arwara umutwe iyo akora imibonano mpuzabitsina cyangwa nyuma. Hagaragaye ko kandi abagabo ari bo bakunze kwibasirwa n’ubwo bubabare ariko ko nubwo budatinda, bushobora kuba iri ibimenyetso bya canser cyangwa ugukweduka k’umwe mu mitsi y”umubiri (anevrisme).birumvikana ko ari ukugana muganga.
    5. Imyitwarire (personnalite): ubusanzwe buri wese agira uko ateye cyangwa uko yitwara, ibyo ntibibuza ko imwe mu myitwarire nko kwifunga mu mutwe(rigidite),kutavuga (timidite),kwinaniza (stress),ishobora gutera kurwara umutwe. Igisubizo rero ni ukugerageza kuba mu mudendezo,ukaruhuka (relaxer) wirinda kunaniza ubwonko.
    6.Ubunebwe: iyo ufashe umwanya munini nta kintu ukora cyangwa ibyo ukora ukabikorana ubunebwe ,ibyo nabyo bishobora kugutera umutwe. Icyagufasha cya mbere ni ukubyukira amasaha amwe buri munsi ukabigira akamenyero n’iyo waba uri mu gihe cy’ikiruhuko, kuko gutinda kubyuka (kuryamira) bitera kurwara umutwe ukabyuka unaniwe kurushaho.
    7.Kurya bidafite gahunda: Rimwe na rimwe kubera kubura umwanya cyangwa se kugirango ugabanye ibiro hari igihe usimbuka amafunguro ugasanga amasha usanzwe uriraho ntago uriye.Ibyo rero binaniza ubwonko bigatera kurwara umutwe. Ibyiza rero ni ukubahiriza amasha yo kurya , waba ushaka kugabanya ibiro ukarya bike aho kutarya namba.
    8.Kafeine nyinshi: Hari abantu bafite akamenyero ko kunnywa ikawa mu gitondo kugirango batangira umunsi wabo bafite imbaraga,ariko burya nibyo bitera kurwara umutwe uko umunsi ugenda wicuma.Ni byiza rero kugabanya ikawa ndetse n’ibindi binyobwa birimo cafeine.
    9.Kutanywa amazi ahagije: Abaganga batubwira ko ari byiza kunnywa byibuza litiro 1.5 ku munsi kugirango umubiri ubone amazi ahagije. iyo utayannywa rero nabyo byaba imwe mu ntandaro zo kurwara umtwe. Abaganga batugira kandi inama yo kurya imbuto n’imboga nyinshi kuko nabyo bifite amazi menshi n’intungamubiri.
    10. Kwisegura nabi (reiller): Abantu beshi bakunda kuryama ku musego ariko imisego yose siko ari myiza. Abaganga batugira inama yo kuryama ku musego woroshye kandi ku buryo umutwe n’ijosi biba biringaniye nk’uko biba bimeze iyo duhagaze, ibyo rero bigatuma amaraso mu mubiri atembera neza.
    Bimwe mu bindi bintu bitera kurwara umutwe harimo umwotsi mwinshi, urusaku rwinshi ndetse n’urumuri rwinshi. Ariko iyo ukoresheje uburyo wabwiwe haruguru ntukire usabwe kugana muganga akareba ko nta kindi kibazowaba  ufite.
     Hifashishijwe  ibitangazamakuru binyuranye.

    No comments:

    Post a Comment