• Labels

    Friday, May 18, 2018

    Bidasubirwaho Umwami Mswati yahinduye izina ry’igihugu cye



    Umwami Mswati III yamaze gusinya itegeko rihindura izina ry’igihugu cye, aho kwitwa Swaziland gihinduka eSwatini.

    Ikinyamakuru Times of Swaziland cyatangaje ko iryo zina ryahinduwe n’itegeko No. 80 ryo mu 2018 ryasinywe n’Umwami Mswati III ubwe rigasohoka mu igazeti ya Leta.
    Umwami yatangaje bwa mbere ihindurwa ry’izina ry’igihugu mu kwezi gushize mu muhango wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 icyo gihugu kimaze cyibonye ubwigenge.
    Yatangaje ko guhindura iryo zina biri mu murongo wo gusigasira uko igihugu cyitwaga mbere y’ubukoloni. Izina rishya "eSwatini" bisobanura "ubutaka bw’Aba-Swazis"
    Itegeko Rivuga ko izina eSwatini rigomba kujya rikoreshwa ku nyandiko zose z’amategeko, amasezerano mpuzamahanga n’izindi nyandiko zifite aho zihuriye n’amategeko.
    Swaziland yabonye ubwigenge mu 1968 iva mu maboko y’Abongereza. Mswati III yimye ingoma mu 1986 afite imyaka 18 nyuma yo gutanga kwa se Umwami Sobhuza II.
    Iki gihugu ni cyo kigifite imiyoborere ya cyami 100% ariko mu bihe bishize abaturage batangiye kwigaragambya bashaka ko nacyo cyinjira mu butegetsi bugendera kuri demokarasi.
    Umwami Mswati III azwiho kurongora abagore benshi ariko uwa munani, Senteni Masango aherutse gupfa bivugwa ko yiyahuye muri Werurwe 2018.
    Umwami Mswati III amaze kurongora abagore 15 mu gihe se yasimbuye ku ngoma, bivugwa ko yarongoye 125.


    No comments:

    Post a Comment