• Labels

    Tuesday, January 23, 2018

    Abanyeshuri biyogoshesha nabi, n’abambara amajipo magufi bahagurukiwe.


    Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Amashuri Abanza n’Ayisumbuye muri Minisiteri y’Uburezi, Munyakazi Isaac, yasabye abayobozi b’ibigo by’amashuri n’abarimu gukurikirana imyitwarire y’abanyeshuri bigisha kugira ngo barusheho gutanga umusaruro mwiza, ababyeyi n’igihugu babitezeho.
    Ubwo yasuraga ibigo byo mumujyi wa Kigali, mu rwego rwo gutangiza umwaka w’amashuri wa 2018, minisitiri Isaac munyakazi yatunguwe n’imyitwarire  y’abanyeshuri b’ibigo bimwe na bimwenka APACE  aho yasanze bafite imisatsi isutse n’amaherena, abakobwa bisiga ibirungo ku maso no ku minwa (maquillage) ndetse n’inyogosho zidasanzwe zizwi nka Penke z’abahungu bahiga.

    Byatumye ahita asaba ubuyobozi bwa APACE kwita ku nyogosho n’imyambarire y’abanyeshuri babo no kujya bahita birukana umunyeshuri ufite ibintu nk’ibyo.
    Yagize ati “Mwite ku isuku y’abanyeshuri banyu cyane cyane ku misatsi y’abakobwa n’ibintu bisiga, mwite ku nyogosho z’abahungu. Ni gute umwana yaza kwiga afite imisatsi imeze kuriya agatsinda? Ntiyatsinda kubera ko nta mwanya aba afite wo kwiga kuko igihe kinini akimara ari mu misatsi kandi iyo abuze amafaranga yawo ni hahandi ajya kuyashakisha.”
    Yakomeje avuga ko mu cyumweru gitaha abashinzwe ubugenzuzi mu mashuri bazasubira kureba ko iki kibazo cyakosowe ndetse anashimangira ko nibasanga kitarakemutse iri shuri rizaba rifunzwe.
    Yanasabye ubuyobozi bw’iki kigo kurwanya ibiyobyabwenge bivugwa mu banyeshuri bahiga no kujya babasaka mbere y’uko bacyinjiramo.
    Umuyobozi w’Ishuri Ryisumbuye rya APACE, Senkware Emile, we yavuze ko nyuma y’ubusabe bwa Minisitiri bagiye kwita ku kibazo cy’imyitwarire.
    Bivugwa ko abakobwa benshi bagana muri Ishuri rya APACE bareshywa no kuba nta gitutu bashyirwaho kijyanye no kuba umusatsi wabo wahungabanywa, kwambara amajipo magufi ndetse bakanemererwa kwiga bambaye amaherena.
    Mu bindi bigo Munyakazi yanyuzemo yakanguriye abarimu gutangira kwigisha abana ku gihe, anabasaba ko abaza batinze babatuma ababyeyi kugira ngo basobanure impamvu zo gukererwa kuko bamenyeshejwe igihe amashuri azatangirira kare.

    Iki cyarahagurukiwe cyane kuko mu ntara nyinshi inama z’uburezi zakorwaga mbere y’itangira ry’uyu mwaka mu mihigo y’ibanze bihaye harimo kwita ku myambarire y’abarimu n’abanyeshuri.




    No comments:

    Post a Comment