• Labels

    Monday, January 22, 2018

    Ibyago ushobora guterwa no kurya umunyu mwinshi mu biribwa

    
    

    Abantu besnhi bakunda kurya umunyu mwinshi , bitewe n’ubwoko bw’ibiribwa cyngwa rimwe narimwe bakawurya batabizi wenda  uvuye mu biribwwa biba biwukoranye [ byo mu nganda ] ariko kurya umunyu mwinshi bishobora gukururira umuntu ingaruka zitandukanye zirimo indwara z’umutima, umuvuduko ukabije w’amaraso, kubura mazi mu mubiri, kanseri y’igifu, indwara zifata ubwonko, gusaza vuba k’uruhu, kurwara impyiko…
    Abarya umunyu mwinshi baba bikururira indwara zitandukanye zirimo iz’umutima, umuvuduko ukabije w’amaraso, kubura mazi mu mubiri, kanseri y’igifu, indwara zifata ubwonko, gusaza vuba k’uruhu, kubyimbagana k’umubiri n’indwara zifata impyiko, bitewe na Sodiyumu iboneka mu munyu iba yabaye nyinshi mu mubiri biturutse kuri uko kurya umunyu mwinshi.
    Urubuga rwa linecoaching dukesha iyi nkuru bavuga ko ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) rivuga ko nibura umuntu yakagobye kurya umunyu ungana na garama eshanu zihwanye n’ikiyiko kimwe ku munsi.
    OMS ishimangira ko abantu bubahirije izo nama byagabanya impfu z’abarenga miliyoni ku isi bahitanwa n’indwara zifata ubwonko, n’abandi barenga miliyoni 3 bazira indwara z’umutima buri mwaka. Abafaransa akaba aribo baza ku mwanya wa mbere.
    Abashakashatsi bavuga ko hari abarya umunyu mwinshi bitewe n’uko bawukunda ariko hari n’abarya mwinshi kuko batabasha kuwupima, kandi ngo ahanini ibyo bibazo by’uburwayi ntibikurwa n’umunyu wo ku meza, ahubwo uwo benshi barunda mu biryo mbere babitetse.
    Abo mu bihugu byateye imbere bo bazahazwa n’umunyu uba wakoranywe n’ibiribwa biva mu nganda dore ko ari na byo bakunze kwirira.
    Abandi bakunze kurya umunyu mwinshi ni abanywa itabi kuko bibasaba kurya mwinshi kugira ngo bumve ko ibiryo byabaryohera. Ku bantu basanzwe bafite izo ndwara zavuzwe haruguru bakarya umunyu mwinshi, izo ndwara zirushaho kugira ubukana.
    Mu rwego rwo kwirinda izo ndwara, abantu bagomba kwita ku bipimo by’umunyu barya, ntube mwinshi kandi na none ntube muke cyane kuko nabyo bishobora gukura ibindi bibazo ku mikorere y’umubiri. Gusa ntibyoroshye ko ukunze kurya umunyu mwinshi ahita awugabanya, ariko birakwiye kubigiramo.
    Kugira ngo wirinde kurwara indwara zikururwa no kurya umunyu mwinshi, gerageza kugabanya ibiryo ufata bikomoka mu nganda kuko akenshi biba bikoranye umunyu mwinshi. Guhindura ibyo utekesha ukaba wakoresha ibirungo bituma ibiryo biryoha cyane bikakurinda kumva ko umunyu ari muke.


    No comments:

    Post a Comment