• Labels

    Monday, February 19, 2018

    Gutandukana kwa Zari na Diamond bishoboka ko byateguwe.



    Diamond Platinumz  mbere yo gutandukana n’umugore we Zari Hassan , bari abantu bombi b’ibyamamare kandi bakoraga ubucuruzi bunavuye mu kwamamariza ibigo binyuranye, ku buryo hari n’abasesenguzi  bemeza ko wari umupango bakoze mu rwego rwo gukomeza guteza imbere ubucuruzi bwa buri wese muri bo ku .

    Byari byitezwe ko bashoboraga gutandukana umwaka washize  nyuma y’uko Diamond yemeye ku ugaragaro ko yabyaranye na Hamisa Mobeto , ubwo Zari  yasibaga amafoto yose ya Diamond yagiraga ku mbuga nkoranyamabaga ze zose.

     Nyuma y’icyo gihe ubwo abantu bakekaga ko bagiye guhita batandukana, Zari yemeje ko yamubabariye ariko ko yamwihanangirje ubuzima bugakomeza kandi babanye neza.   Byatumye Diamond akora indirimbo zivuga ku  buzima  bunyuranye yabanyemo na Hamisa Mobeto na Zari Hassan zanaje  kumufasha gucuruzwa cyane .

    Gutandukana bishobora kuba byarateguwe mu rwego rwo gushka ifaranga
    Nyuma y’uko zari hassan atangarije ku mugaragaro ko yatandukanye na Diamond, haciyeho iminsi mike cyane, Diamond ahita atangaza ko agiye gushyira hanze album ye , yise A boy from Tandale  byanatumye igurwa cyane kubera ibyaherukaga kumubaho byo  gutandukana n’umugore we.

    Nyuma yahise anatangaza itariki azashyirira hanze iyo alubumu ku wa 14 Werurwe 2017 I Nairobi, nyuma yaho kandi yahise atangaza byihuse  umushinga  wo kwimurira inzu ye ya WCB ( Wasafi Classic Baby )  muri kenya .

    Abasesenguzi bakaba basanga iyi mishanga yose diamond akaba ashobora kuba ayihutishije nyuma yo gutandukana n’umugore we, kugira ngo bikundwe cyane, izina rye rikomeze kuvugwa mu bitrangazamakuru byo  mu karere. Bikaba bizamworohera kwamamaza ibye,  binamufashe gukomeza kwemerwa no gukundwa, n’ibikorwa bye bikomeze byamamare muri rusange.

    Binitezwe ko Zari Hassan nk’umuntu w’umunyamideri, abantu benshi cyane ibitangazamakuru bizamwandikaho cyane, bikanakurukirana bya hafi uko azaba abaheyo nyuma yo gutandukan n’umugabo, bityo we, akahagirira amahirwe yo kuba yabasha kwamamaza no kongera abafatanyabikorwa. 

    Umuntu akaba yakwemeza ko itandukana ryaho rizongerera umutungo buri umwe muri bo, bityo n’uwakeka ko byaba ari ibintu bapanze ataba yibeshye cyane. Ubu ni ubusesenguzi bwacu bwite,  tugendeye kuri ibibimenyetso , byatanzwe , si ihame ntakuka.


    No comments:

    Post a Comment