• Labels

    Wednesday, February 21, 2018

    Rayon Sports yasezereye Lydia Ludic yisangana n’iyo muri Afurika y’epfo



    Rayon Sports yasuye Lydia Ludic Burundi Académic FC (LLB) mu mukino wa kabiri wa CAF Champions League iyitsinda igitego kimwe ku busa, ihita ikatisha itike yerekeza mu ijonjora rya nyuma izahuramo na Mamelodi Sundowns F.C yo muri Afurika y’Epfo.
    Umukino ubanza wabereye i Kigali tariki 10 Gashyantare 2018, amakipe yombi yanganyije igitego 1-1. Ibi byahaga amahirwe LLB kuko umukino wa kabiri yagombaga kuwakira imbere y’abafana bayo ndetse n’umutoza wayo, Banguwiha Emmanuel yari yatangaje ko nta kabuza azasezerera iyi kipe yaserukiye u Rwanda.
    Karekezi Olivier utoza Rayon Sports yakoze impinduka mu bakinnyi yari yabanje mu kibuga ku mukino ubanza, akuramo Ismaila Diarra na Yannick Mukunzi aha umwanya Muhire Kevin na Nahimana Shassir banitwaye neza cyane.
    Rayon Sports niyo yabonye amahirwe y’igitego mbere ku mupira Tchabalala yari ahawe na Kwizera Pierrot agerageza gutungura umunyezamu Mutombo Fabien ariko abyitwaramo neza awukuramo.
    Iyi kipe yakomeje kotsa igitutu LLB iza kuyibonamo koruneli yatewe na Muhire Kevin Manzi Thierry ashatse gushyiraho umutwe, umunyezamu Mutombo arahagoboka awohereza imbere ku bakinnyi be nabo bawuzamukana bihuta cyane bashaka gutsinda ariko Rutanga Eric wari wasigaye inyuma arwana ku izamu umupira awushyira hanze.
    Rayon Sports yaje gufungura amazamu ku munota wa 35 ku mupira mwiza wavuye kwa Muhire Kevin wahereza Nahimana Shassir nawe acenga abakinnyi batatu ba LLB, ahereza rutahizamu Tchabalala ahita awohereza mu izamu.
    Rayon Sports yari imaze kugarurira icyizere abafana bayo bayiherekeje i Burundi, ntiyiraye nyuma yo kubona iki gitego ahubwo yakomeje gusatira cyane ndetse ku munota wa 37 ibona andi mahirwe ku ishoti rikomeye Muhire Kevin yateye ari hanze y’urubuga rw’amahina, umunyezamu Mutombo Fabien arirambura awukubita ibipfunsi.
    Mu minota ya nyuma y’igice cya mbere, LLB yari imaze kubona ko biyikomereye isabwa igitego byanze bikunze, yokeje igitutu izamu rya Rayon Sports mu rwego rwo kukigabanya umunyezamu Ndayishimiye Eric Bakame akajya aryama kenshi byanatumye umusifuzi wa kane afata icyemezo yongeraho iminota itanu.
    Mu gice cya kabiri, Karekezi yakoje impinduka akuramo Manishimwe Djabel aha umwanya Ismaila Diarra kugira ngo ashake ibindi bitego gusa ntibyamworoheye kuko LLB yagarutse yahinduye imikinire ndetse yiharira umupira cyane ari nako iha akazi gakomeye Bakame mu izamu.
    Rayon Sports yongeye gukora izindi mpinduka Bimenyimana Caleb Bonfils afata umwanya wa Muhire Kevin wakinnye neza na Yannick Mukunzi yinjira asimbuye Nahimana Shassir.
    Nubwo imvura yari nyinshi ku kibuga, abakunzi ba Rayon Sports ntibacitse intege cyangwa ngo basige abakinnyi babo, bakomeje kuririmba ‘Murera’ ari nako ikipe yabo igenda igaruka mu mukino yongera gusatira izamu ariko uburyo bwabonetse Diarra ntiyabasha kubukoresha neza.
    Nk’uko Karekezi yari yabitangaje mbere yo guhaguruka mu Rwanda, intego nyamukuru yari ugusezerera LLB kandi yayigezeho kuko iminota 90 n’ine y’inyongera yarangiye ari igitego 1-0 ihita ikatisha itike yo kujya mu ijonjora rya nyuma ry’iri rushanwa.
    Gutsinda uyu mukino bivuze ko buri mukinnyi wa Rayon Sports agomba guhabwa ahagimbazamusyi k’ibihumbi 460 Frw nk’uko babyemerewe n’ubuyobozi bwabo bikaba ari ku nshuro ya mbere bahawe akangana gutyo.


    No comments:

    Post a Comment