• Labels

    Saturday, March 31, 2018

    Rubavu , umuturage yarashwe arakomereka, n'inka 3 ebyiri zihita zipfa



    Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwatangaje ko mu ijoro ryakeye hari abantu bataramenyekana mu murenge wa Busasamana, barashe umuturage umwe arakomereka mu itako n’inka eshatu, muri zo ebyiri zirapfa.
    Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Habyarimana Gilbert, yatangaje ko hari umuturage umwe warashwe mu kibero n’inka eshatu, ebyiri zigapfa naho indi iri kuvurwa.
    Ati “Byabaye nka saa tanu n’igice z’ijoro. Ni amasasu yavugiye ku mupaka. Ni ahantu hasanzwe haba ibibazo yaba ibya FDLR cyangwa iby’abasirikare ba Congo ariko ubu ntabwo mu by’ukuri nshobora kumenya abo aribo.”
    Kuri uyu wa Gatandatu, ubuyobozi bwakoranye inama n’abaturage bubasaba gukomeza gutangira amakuru ku gihe.
    Meya Habyarimana yagize ati “Twakoze inama n’abaturage yabereye mu Kagari ka Rusura. Barabyumva, barakomeye kandi biyemeza gukomeza gutanga amakuru no gukorana n’inzego z’umutekano.”

    Uyu murenge kimwe n’indi yo muri Rubavu, hakunze kugaragaramo ubushotoranyi bukorwa  n’abarwanyi b’umutwe wa FDLR .  Muri mutarama 2018 nibwo nanone   ingabo za FARDC nibwo zarenze umupaka zigera mu Rwanda, abenshi ba Kongo  bagwa  muri iyo mirwano.


    No comments:

    Post a Comment