• Labels

    Friday, April 6, 2018

    Gitifu wa wa Kinigi afunzwe akekwaho uruhare mu rupfu rw’umana wahiriye mu nzu


    Bikekwa ko uyu Munyarugendo Manzi Claude ari we se w’uwo mwana wahiriye mu nzu ariko we na nyina w’uwo mwana bakaba yari yarabigize ibanga.
    Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze afunzwe akurikiranyweho urupfu rw’umwana uherutse guhira mu nzu.
    Yatawe muri yombi tariki 6 Mata 2018, nyuma y’uko Polisi ikomeje iperereza ku kihishe inyuma y’urupfu rw’uyu mwana rwabaye tariki 1 Mata 2018.
    Uwo mwana wahiriye mu nzu yafungiranywe n’umubyeyi we witwa Muhawenimana Sonia ajyana mu kabari n’umugabo we witwa Ntibarikure Cyprien, bashakanye nyuma y’uko uwo mwana avutse.
    Baje guhuruzwa ko umwana yahiriye mu nzu na matora yari aryamyeho igakongoka. Gusa ntihigeze hagaragara aho umuriro waturutse, kuko inzu yose n’ibindi byarimo bitigeze bishya ibyo abaturage bafata nk’urujijo.
    CIP Hamuduni Twizeyimana umuvugizi wa Police mu ntara y’Amajyaruguru, avuga ko afunzwe kugira ngo yorohereze iperereza ariko nta cyaha kiramufata kugeza ubu.
    Yagize ati “Kugeza ubu usibye ko twamufashe kugira ngo bitworohereza mu iperereza, nta makuru afatika turabona. Twamwohereje kujya gufata ibizame n’ibindi bimenyetso byose twakwifashisha, kugira ngo tubyegeranye.”
    Gitifu Munyarugendo afunganye n’abandi batandatu nabo bakorwaho iperereza, barimo na Ntibarikure Cyprien umugabo wa nyina w’uwo mwana basanzwe babana.


    No comments:

    Post a Comment