• Labels

    Thursday, February 15, 2018

    Itorero Inkuru Nziza ryahagaritse Pasiteri wifashe amashusho ari kwikinisha



    Pasiteri Ngaboyisonga Theoneste wahoze akuriye itorero Inkuru Nziza uyu munsi yahagaritswe muri iri torero bitewe n’amashusho y’urukozasoni yifashe ari kwikinisha akaza gusaakaara. Nubwo yahagaritswe ariko asa nawe n’ufite urundi ruhande rumushyigikiye muri iri torero ubu risa n’iryacitsemo kabiri.
    Umwaka ushize nibwo amashusho y’uyu mupastori yahererekanyijwe ku mbuga nkoranyambaga ari kwikinisha. Ni amashusho n’Umuseke.rw duesha iyi nkuru  wabashije kubona ukanabika copy.
    Mu bihe bishize Pasiteri Ngaboyisonga Theoneste yagiye avuga ko aya mashusho ari ayahimbwe ngo bamuvane mu itorero yari abereye umuyobozi mukuru.
    Yageze kuri bamwe mu bapastori bo ku yandi maparuwasi y’iri torero mu bice by’icyaro arabiyegereza mu gihe abo ku kicaro ku mugi wa Kigali bo bamwamagana kubera ariya mashusho y’urukozasoni.
    Pastori Muhire Joshua ubu ukuriye iri torero ku rwego rw’Umugi wa Kigali yabwiye abanyamakuru ko ariya mashusho ari ikintu cyo kutihanganira ku mushumba w’itorero ari nayo bamuhagaritse.
    Pastori Muhire Joshua ati “ntitwishimiye ibyo yakoze. Icyo twifuza ni uko yabibazwa ku giti cye aho kwanduza isura y’itorero …..Umuyobozi nkuwo ntakwiye kuyobora.”
    Nyuma y’aya mashusho bagerageje ibishoboka ngo bagarure isura y’itorero harimo no kurwanya ko akomeza gukwirakwira.
    Bavuga ko banadikiye Pastoro Ngaboyisonga wayifashe bamubwira ko nta murimo yemerewe gukora mu gihe atarazana ibimenyetso byerekana ko ayo mashusho atari aye.
    Ariko we ngo nta n’imbabazi yigeze abisabira ariko ntiyanabahakaniye ko ayo mashusho atari aye.
     Itorero ryacitsemo kabiri
    Pastori Ngaboyisonga Theoneste wirukanwe ubu afite uruhande rwe  narwo rwitwa Inkuru Nziza akaba n’umuyobozi. Rugizwe ahanini n’abapastori bo mu bice by’icyaro bahagarariye iri torero yabashije kumvisha ko amashusho atari aye kandi byakozwe hagamijwe kumwigizayo.
    Tariki 05 Gashyantare 2018 uru ruhande rwamuhagaritse ruyobowe n’abari bamwungirije mu itorero rwakoze Inteko rusange, uyu munsi Pastori Ngaboyisonga nawe akoranya Inteko rusange y’abo ku ruhande rwe.
    Mu minsi mike ishize ahakorera iri torero Inkuru Nziza mu mugi wa Kigali harafunzwe kimwe n’ahandi hari amatorero ngo haba hari urusaku mugi wa Kigali.
    Paruwasi y’Inkuru nziza mu mugi wa Kigali ubu ntaho gusengera ifite, nubwo ari Paruwasi isanganywe abakiristu banditse batagera kuri 300.
    Twagerageje kuvugana na Pastori Ngaboyisonga ariko ntibyashoboka kugeza ubu, amakuru atugeraho ni uko ari mu butumwa mu Bufaransa.

    Barapfa iki?  
    Itorero Inkuru Nziza ryatangiye mu 1961 ribona ubuzima gatozi hashize umwaka umwe.
    Ni itorero ridafite abayoboke benshi, uhereye ku mibare y’ibarurishamibare riheruka, ariko rifite itorero ririkuriye mu Bwongereza ryitwa Assemblées de Frères ari naryo muterankunga w’Itorero Inkuru Nziza mu Rwanda.
    Iri torero ryo mu Rwanda rikura inyungu ahanini mu bitaro by’ingingo i Gikondo n’amashuri amwe n’amwe y’iri torero, nk’ishuri riri i Gihogwe, byose biterwa inkunga na bariya bongereza.
    Bamwe mu bakurikiranira iri torero hafi bemeza ko amakimbirane arivugwamo ashingiye ahanini ku nyungu z’abantu ku giti cyabo.
    src : UMUSEKE.RW


    No comments:

    Post a Comment