• Labels

    Monday, February 12, 2018

    Kirehe: Abantu 91 bahumanyijwe n'ikigage banyoye



    Kirehe – Mu murenge wa Gahara kuri iki cyumweru umubyeyi yagiye guhemba umukobwa we maze inzoga y’ikigage yari yajyanye itera uburwayi abantu 91 bajyanwa kwa muganga. 45 nibo borohewe barataha abandi baracyavurirwa ku kigo nderabuzima cya Gahara.
    Gerard Muzungu, Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe avuga ko muri aba barwaye 16 boherejwe ku bitaro bya Kirehe.
    Yabwiye ikinyamakuru Umuseke dukesha iyi nkuru  ko bafashe kuri iki kigage uyu mubyeyi yari yajyanye bajya kugisuzumisha muri ‘Laboratoire’ ngo barebe ibyari bikigize.
    Amakuru meza ni uko kugeza ubu muri aba banyoye kuri ibi bihembo by’umubyeyi bikabagwa nabi nta wahasize ubuzima.
    Umuyobozi w’Akarere avuga ko kugeza ubu ntakindi bakeka ko cyateye aba bantu uburwayi usibye uriya musururu.
    Muri aka karere ngo basanzwe bakora umukwabu wo gufata no kumena inzoga zitujuje ubuziranenge.
    Umuyobozi w’Akarere asaba abaturage guhagarika gukora inzoga nka ziriya kuko zigira ingaruka mbi ku buzima bwabo.




    No comments:

    Post a Comment