• Labels

    Monday, February 12, 2018

    Rusizi:Inteko rusange y'abaturage yashinjije abantu 20 amarozi no kwihindura inyamaswa zirimo imbwa!



    Abagabo n’abagore bagera kuri 20 bo mu Karere ka Rusizi batawe muri yombi bafungirwa ku Biro by’Umurenge wa Gikundamvura nyuma yo gushinjwa na bagenzi babo ko bakoresha amarozi mu nteko y’abaturage.
    Abaturage bo muri aka gace bashinjanya kuroga abantu barimo n’abana bato bagapfa mu gihe abandi bashinjwa kwihindura inyamaswa zirimo n’imbwa.
    Mu nteko y’abaturage yo ku wa 9 Gashyantare 2018, yahuje abatuye mu midugudu itanu yo mu Kagari ka Mpinga muri Gikundamvura hari abavuzweho gukoresha amarozi bituma ubuyobozi bubafata.
    Umuyobozi ushinzwe irangamimerere mu Murenge wa Gikundamvura, Ndamyimana Daniel yatangaje ko hari abaturage bashinja abandi amarozi.
    Yagize ati “Nibyo koko ku wa Gatanu hari abaturage bagera kuri 20 bari baje ku murenge ariko ntabwo twabafunze, ahubwo twarabaganirije tubagira inama hanyuma turabareka barataha. Undi uri hano ku murenge ni umwe, abaturage bateye iwe mu rugo ku wa Gatandatu bavuga ko bari bumwice kubera ko bacyekaga ko yaroze umwana w’imyaka ibiri agapfa. Kuba tumufite rero si uko twamufunze ahubwo ni ukugira ngo arindirwe umutekano.”
    Yakomeje agira ati “Bariya 20 twasanze nta gihamya ariko abaturage barabashinja bati uyu yihindura imbwa, uyu yihindura inyamaswa runaka, uriya ni umurozi yaroze kanaka arapfa mbese usanga ari ikibazo kuko hari nk’umuntu ushinjwa n’abaturage hafi ya bose batuye mu mudugudu. Kubahamagara bakaza hano ku murenge tukabaganiriza bituma niyo yaba aroga koko ashobora guhita abireka kuko aba abona ko yamenyekanye.”
    Ndamyimana avuga ko hari abaturage bashaka kwihorera bakajya gushaka amarozi ngo bihimure.
    Ati “Hari abatubwira ko bajya gucisha uburozi i Burundi kugira ngo bazihorere ku babarogeye. Ubu rero icyo turimo gukora ni ugukorana inama n’abaturage tukabakangurira kujya bajya kwa muganga igihe barwaye, aho guhita banzura ko barozwe kuko muganga wenyine niwe wemeza ko umuntu yarozwe cyangwa atarozwe.”
    Mu myaka itandatu ishize mu Murenge wa Gikundamvura hakomeje kuvugwa ikibazo cy’amarozi, ndetse bamwe barwara ntibajye kwa muganga bakajya mu bavuzi ba gakondo abandi bakayoboka iy’amasengesho bavuga ko barozwe.
    Mu bice by’igihugu bihana imbibi n’u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo havugwa abantu bakoresha amarozi ndetse n’abihindura inyamaswa bagamije kurinda imitungo yabo, kwihorera ku bo bafitanye inzigo n’ubundi bwirinzi; bivugwa ko amarozi menshi aturuka mu bihugu by’ibituranyi.

    Ukurikiranweho kuroga umwana agapfa , yakubiswe agirwa intere.Photo/TV1

    No comments:

    Post a Comment