• Labels

    Wednesday, February 14, 2018

    Menya byinshi ku kibazo cyo kurangiza vuba n'uko wabyirinda


    Kurangiza vuna ni igihe umugabo aba ari gutera akabariro maze agakenera gusohora mbere y’uko we abishaka. Bikaba bishobora kubaho mu gihe cyo gukora imibonano mpuzabitsina, m gihe cyo kubitegura, mu gusomana cyanga ikindi gihe cyose umugabo ashobora kumara ari kumwe bidasanze n’umugore. Iki kiba ri ikibazo gikomeye akenshi kuko gitera umugabo kugira ipfunwe, cyangwa rimwe na rimwe umugore akamusuzugura.
    Ikibazo cyo kurangiza vuba giterwa n’iki?
    Hari impamvu zitandukanye zishobora gutera ikibazo cyo kurangiza vuba. Izikunze kugaragara cyane ni;
    ·         Izituruka ku bibazo mu mitekerereze, nko kuba ufite stress nyinshi, kwigunga n’ibindi bitandukanye bishobora kwibasira ubushobozi bw’ubwonko n’amarangamutima.
    Kuko ibyo dukora byose bikorerwa bwa mbere bikanategurirwa mu bwonko umugabo ufite ikibazo cyo kumva tari gutekereza atuje, afite uumunaniro mwinshi mu mutwe( stress), n’’ibindi bibazo bimubuza gutekereza neza, bituma iyo agiye gukora imibonano mpuzabitsina, arangiz vuba kuko aba abikoze ubwenge bwe muri ako kanya buri gutekereza ibindi cyangwa buhugiye mu bindi.

    ·         Kuba warakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina
    Umuntu wahungabanye  bitewe n’ihohoterwa yakorewe rishigiye ku gitsina bishobora kumugirahoingaruka zo kuba atisanzura ibihe byose ari gukora imibonano mpuzabitsina, ku buryo agir ikibazo cyo kurngiza vuba kugeza afashijwe gukira ibyo bikomere.
    ·         mu gihe utishimiye uko umubiri wawe uteye
    iyo umuntu afite inenge ku mubiri  ( ahatameze neza yvukanye ) cyangwa  akagira ubusembwa ( ahaje nyuma hatameze neza ) bishobora kumuviramo ingaruka zo kutiyakira ngo yumve  ko ari umuntu nk’abandi ku buryo akomeza kugira ikibazo mu mitekerereze ye, bikaba binamugiraho ingaruka mu gihe cyo gutera akabariro ,  akagira ikibazo cyo kurangiza vuba.
    ·        Imisemburo itari ku rugero rukwiye
    Iisemburo ifasha umuntu mu gihe cyo gutera ababariro iyo itari ku rugero rukwiye, bishobora  gutma amakuru atagera neza ku bwonko bityo bikaba byagira ikibazo ku muntu , bikamutera kurangiza vuba.
    Uko byakemurwa.
    ·         Kwita ku buzima bwawe, cyane cyane ku byerekeye imibonano mpuzabitsina, ukirinda kwikinisha cyane.
    ·         Mu gihe ufite ikibazo cyo kurangiza vuba, ntugomba kumva ko ari ikibazo gikomeye cyane, ngo utangire kwirenganya cyane no kwiciraho iteka, ushobora kuganira n’umufasha wawe kugira ngo mwirinde gushwana.
    Ushobora nanone gukoresa imiti irimo cyane cyane :
    Imiti ikunze gukoreshwa cyane, ni iyo kuvura kwiheba bikomeye (depression), izwi cyane ni nka fluoxetine, clomipramine, na sertraline (Zoloft)
    Izwi cyane yindi ni iyitwa sildenafil (Viagra), tadalafil (Cialis) n’indi.
    Ikibazo cyo kurangiza vuba kiba ku bagabo benshi, ariko bikikiza nyuma y’igihe. Nubwo waba ukoresha imiti bwose, uburyo wowe ubyakiramo nibwo bugafasha guhangana n’icyo kibazo. Ubundi buryo bwiiza nk’uko bavuga ngo ushaka gukira indwara arayirata, ni byiza kuganiriza abantu cyane cyane abaganga ikibazo ufite ushize  amanga, bituma babona uko bakugira inama y’icyakorwa.


    No comments:

    Post a Comment