• Labels

    Thursday, February 8, 2018

    Papa weguye ( Benedict XVI ) yatangaje ko ari gusatira urupfu




    Umudage Joseph Aloisius Ratzinger waje kuba Papa Benedict XVI  weguye muri 2013, yatangaje ko ari mu minsi ye isatura urupfu ariko kandi ko  ari mu rugendo rwe rwa nyuma rugana mu ijuru.
    Papa Benedict XVI yandikiye abasomyi b’ikinyamakuru Corriere della Sera, bifuzaga kumenya amakuru y’ubuzima bwe muri iyi minsi, ababwira ko ari mu marembera .
    Yagize ati “Icyo navuga gusa ni uko intege z’inyuma ku mubiri zigenda zigabanuka, mu buryo bwite ndi mu rugendo rutagatifu rugana mu ijuru. Ni iby’agaciro kuba ngaragiwe, muri iki gihe cya nyuma, akenshi biba bigoye ariko nitabwaho mu rukundo n’ubugiraneza ntigeze ntekereza.”
    Papa Benedict XVI uzuzuza imyaka 91 muri Mata 2018, kuva yakwegura mu myaka itanu ishize, aba muri Monasitere i Vatican, aho abana n’ababikira bane n’umunyamabanga we witwa Georg Gaenswein.
    Buri munsi avuga Misa, agasenga cyane, akakira abashyitsi bake kandi agasubiza amabaruwa menshi. Areba amakuru kuri televiziyo nijoro, agasoma ibitangazamakuru byinshi bya Kiliziya Gatolika ndetse n’inyandiko zerekeranye n’Iyobokamana.
    Umwe mu bapadiri b’i Vatican umwaka ushize yavuze ko Papa Benedict XVI, atakibasha gukoresha ibiganza bye, atakibasha gucuranga Piano, agaragara nk’umuntu umeze nabi ariko ugifite ubwenge kuko yibuka buri kimwe cyose.
    Papa Benedict XVI yavukiye muri Bavaria mu Majyepfo y’u Budage kuwa 16 Mata 1927,  asimburwa na Jorge Mario Bergoglio  witwa  Pape Francis  kuva 2013kugeza ubu.


    No comments:

    Post a Comment