• Labels

    Friday, June 15, 2018

    Akamaro k’ubunyobwa ku mibereho ya muntu karimo no kurinda indwara y'umtima


    Ifunguro ryuzuye ni kimwe mu bituma umubiri w’umuntu ushobora guhangana n’indwara za hato na hato zirimo izikomeje kwibasira abantu muri iyi minsi nk’umutima, umubyibuho ukabije n’izindi.
    Abahanga mu by’ubuzima bavuga ko mu bushakashatsi bakoze basanze nibura kurya impeke eshatu z’ubunyobwa nyuma y’ifunguro birinda umuntu kurwara indwara z’umutima, ukudakora neza k’ubwonko n’umubyibuho ukabije.
    Ubunyobwa kandi bufasha imitsi ivana amaraso ku mutima guhora ifunguye bikagabanya icyorezo cy’umutima kiri gutwara ubuzima bw’abantu benshi ku Isi.
    Ubushakashatsi bwakozwe na The Peanut Institute, bwagaragaje ko kuryana ubunyobwa n’igishishwa cyabwo bishobora kugira ingaruka ku buzima bw’umuntu.
    Izi ngaruka kandi ngo zishobora no kubaho nyuma yo gufata ifunguro ryifitemo ibinure ku muntu no ku nyamaswa cyangwa mu mboga rwatsi (Triglycerides) nkuko bigaragazwa n’abashakashatsi bo muri Kaminuza ya Pennsylvania.
    Prof. Penny Kris-Etherton avuga ko ifunguro umuntu ariye ritera imitsi ivana amaraso ku mutima gukomera ariko iyo urengejeho bifasha mu guhangana n’iki kibazo.
    Dailymail itangaza ko mu bushakashatsi bwakorewe ku bagabo 15 bafite ikibazo cy’umubyibuho ukabije, itsinda rimwe ryahawe ifunguro ryuzuye ibyatera umubyibuho ukabije biherekejwe n’impeke eshatu z’ubunyobwa. Irindi na ryo rihabwa irimeze kimwe n’iryahawe rya tsinda rya mbere hariho n’icyo kunywa kigabanya ingaruka zaterwa n’iryo funguro nkuko byagaragajwe mu bushakashatsi bwasohowe muri Journal of Nutrition.
    Hafashwe ibizamini mu maraso bapima ingano y’isukari n’umubyibuho ndetse banifashisha uburyo bugezweho bwo kureba imbere mu mubiri hakoreshejwe amashusho agaragaza uko amaraso atembera mu mitsi ivana iyavana ku mutima.
    Ibisubizo byerekanye abariye ubunyobwa bwabafashije kugabanura ibyatera umubyibuho ukabije mu maraso ku kigero cya 32%.
    Indwara y’umutima iri muri zimwe zikomeje guhitana ubuzima bwa benshi by’umwihariko Abanyamerika bagera ku 610,000 bicwa nayo buri mwaka. Muri iki gihugu muri buri masegonda 42, umuntu afatwa n’umutima mu gihe buri munota umuntu umwe ahitanwa n’indwara zifitanye isano nayo.

    No comments:

    Post a Comment