• Labels

    Wednesday, February 7, 2018

    Guverinoma igiye gufasha ‘Marriott Hotel-Kigali’ kwishyura imyenda iyiremereye



    Minisitiri w’imari n’igenamigambi Minisitiri Amb. Claver Gatete ageza ku Nteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite umushinga ingengo y’imari ivuguruye ya 2017/18, yagaragaje ko Guverinoma igiye kongera amafaranga yari yateganyije mu ngengo y’imari y’uyu mwaka kugira ngo ibashe gushora mu mishinga nka Rwandair ndetse no gufasha ‘Marriott Hotel-Kigali’.

    Minisitiri Amb. Claver Gatete yabwiye Abadepite ko mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka w’ingengo y’imari, Guverinoma yakoresheje 56% by’ingengo y’imari yari iteganyijwe.
    Gusa, yagaragaje ko kubera ishoramari rishya guverinoma iteganya, ingengo y’imari ingana na Miliyari 2,094.9 z’amafaranga y’u Rwanda yari yemejwe n’Inteko Ishinga Amategeko mu kwezi kwa Kamena 2017 yiyongereye ikagera kuri Miliyari 2,115.4 z’amafaranga y’u Rwanda.
    Gatete yavuze ko amafaranga yagenewe ibikorwa by’ishoramari rya Leta nayo aziyongera kuva kuri Miliyari 159.1 z’amafaranga y’u Rwanda kugera kuri Miliyari 178, bivuze ko aziiyongera ho agera kuri Miliyari 18.9.
    Min. Amb. Gatete yavuze ko bimwe mu bituma iyi ngengo y’imari yiyongereye harimo ishoramari rya Guverinoma, mu mishinga itandukanye nka ‘Marriott Hotel’ na ‘Rwandair’.
    Min. Gatete yabwiye Umuseke ko guverinoma igiye gufasha ‘Marriott Hotel’ kugira ngo ibone amafaranga yo kwishyura imyenda, bitayibangamiye mu mikorere yayo.
    Misitiri wahamije ko ‘Marriott Hotel-Kigali’ atari iya Leta y’u Rwanda, ngo Guverinoma igiye kubafasha kubona uburyo bwo kwishyura gusa. Kandi ngo bisanzwe bi baho n’ahandi hose, ko “iyo hariho ikibazo kandi gishobora guhungabanya isoko ry’imari, Guverinoma iza ikagufasha ukazayishyura.”
    Yagize ati “(Amafaranga tuzaha Marriott) Ni ayo kubafasha kugira ngo imyenda yabo itababera umutwaro ariko bazayishyura.”
    Marriott Hotel-Kigali ni iya Kompanyi Nyarwanda “New Century Development Ltd”, ariko ifatanyije na ‘Marriott Group’ cyane cyane mu micungire no kuyibyaza umusaruro.

    Guverinoma igiye kongera gushora muri RwandaAir
    Minisitiri Amb. Claver Gatete yabwiye itangazamakuru ko Guverinoma igiye kuyifasha kwagura ingendo, ati “Igiye kujya mu Bushinwa, muri Leta zunze ubumwe za Amerika, yo ni ukuyifasha.”
    Abajijwe niba hari igihe kizwi bateganya Rwandair izava ku gufashwa ikaba yabasha kwibeshaho ndetse ikaba yanabyara inyungu (break-even), Min. Gatete yavuze ko hari gahunda bafite y’igihe bizabera.
    Ati “Hari gahunda bari gukoraho, ariko ubu haracyari kare kuko ubu turacyari kwagura, ubu turi kujya i Burayi, turajya mu bihugu byinshi bya Africa, ntabwo twagira ‘break-even’ tutarasoza gahunda yo gufungura ingendo.
    Yongeraho ati “Twe dutekereza ko tukiri mu gihe cyo kwagura Rwandair, hari gahunda y’aho tuzajya, nidusoza kwagura hanyuma nibwo tuzakora ‘break even’.”
    Minisitiri Gatete ntabwo yatanze amakuru arambuye ku mubare w’amafaranga azagurizwa ‘Marriott Hotel-Kigali’ cyangwa agiye gushorwa muri Rwandair kuri iyi nshuro.
    Gusa, muri uyu mushinga w’ingengo y’imari ivuguruye, abadepite batoye ku bwiganze bw’amajwi 100%, Guverinoma yasabye ko hakongerwa ingengo y’imari ho miliyari 20,5 z’amafaranga y’u Rwanda.
    Minisitiri Gatete yavuze ko aya mafaranga bashaka kongera ku ngengo y’imari azava mu nzira zitandukanye cyane cyane mu kugurisha impapuro z’agaciro mvunjwafaranga z’umwenda wa Leta (Treasury Bond).
    Gusa, ngo kuko basanzwe bafite gahunda yo gusohora impapuro yari yarateguwe hategurwa iyi ngengo y’imari ya 2017/18 kandi ntacyo bayihinduraho, ngo bagiye kongera agaciro k’imapuro bateganya gushyira ku isoko kugira ngo babashe kubona aya mafaranga akenewe.
    Abadepite bashimye uyu mushinga w’ingengo y’imari ivuguruye ndetse n’uko ingengo y’imari iri gukoreshwa muri rusange ndetse banawutora bose.
    Hon. Depite Munyangeyo Theogene yasabye ko Guverinoma yakwitonda mu mishinga ishoramo amafaranga, ndetse asaba ko hajya habaho kwitondera inyigo zikorwa.
    Mu bindi bikorwa kandi ngo byatumye ingengo y’imari yari yateganyijwe biba ngombwa ko yongerwa, harimo ibigo bishya na za Minisiteri biherutse gushyirwaho.
    Src:umuseke.rw

    No comments:

    Post a Comment